Politike

Uburezi: Urutonde rw’abayobozi b’ibigo muri buri karere, batashoboye kugira 70 % mu isuzuma bumenyi riheruka

Amakuru Virunga Today ikesha ikinyamakuru Umuryango.rw aremeza ko abayobozi  b’ibigo by’amashuri bagera kuri 890  batabonye nibura amanota 70/100 mu isuzumabumenyi riheruka ryateguwe ku bufatanye bwa Mineduc n’uturere, barangije gusezererwa ku buyobozi bw’ibigo, bikaba biteganijwe ko bazahabwa akazi ko kwigisha.

Nk’uko bikomezwa byemezwa n’iki kinyamakuru, ngo iki cyemezo kirareba abayobozi 349 bo mu mashuri abanza na 541 bo mu mashuri yisumbuye.

Iby’izi mpinduka Virunga Today yari yarabiteguje abasomyi bayo ubwo yakoraga ubusesenguzi ku byavuye muri iri suzumabumenyi ryakozwe mu mwaka wa 2024, maze igakomoza no ku cyagombaga gukurikira iri suzumabumenyi, isanga byanze bikunze hazisungwa ingingo ya 45 y’iteka rya Ministre w’Intebe rishyiraho Stati yihariye igenga abakozi b’amashuri y’uburezi bw’ibanze.
Muri iyi ngingo akaba ariho bateganya iri suzumabumenyi nyuma ya buri myaka 3 hagamijwe kugena niba bakomeza kuyobora cyangwa bakaba bakurwa mu nshingano.

Virunga Today ntiyashoboye kubona urutonde nyakuri rw’abasezerewe mu nshingano maze ihitamo kugaragariza abasomyi bayo urutonde  rwose uko rwakabaye  rw’abayobozi batashoboye kubona amanota 70%  nk’uko rwatangajwe n’ikinyamakuru umurunga.rw, nacyo kirukesha ubuyobozi bwa REB, uru rutonde akaba arirwo rwahereweho hahitwamo abakuwe mu nshingano,

Bugesera
Burera
Gakenke
Gatsibo 1
Gatsibo 2
Gatsibo 3
Gtatsibo 4
Gatsibo 5
Gicumbi 1

Gicumbi 2
Gisagara
Huye 1
Huye 2
HUYE 3
Kamonyi 1
Kamonyi 2
Karongi 1
Karongi 2
Kayonza
Kicukiro
Kirehe
Muhanga
Musanze
Ngoma
Ngororero 1
Ngororero 2
Ngororero 3
Ngororero 4
Nyabihu
Nyagatare 1
Nyagatare 2
Nyamagabe
Nyamasheke
Nyanza
Nyarugenge
Rubavu 1
Rubavu 2
Rubavu 3
Ruhango
Rulindo 1
Rulindo 2
Rulindo 3
Rusizi
Rutsiro
Rwamagana
Basezerewe hisunzwe iteka rya Ministre w’Intebe

 

Inkuru bifutanyw usano:

REB: Isuzuma ry’abayobozi b’ibigo by’amashuri: Icyongereza cyababereye ibamba, uturere duca inkoni izamba

Umwanditsi: Musengimana Emmanuel

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *