Gakenke: Meya akomeje kutavuga rumwe na Mineduc ku buryo bwo kwimura abarimu
Kuva ku munsi wo kuwa kane taliki ya 16/10/2025, mu buyobozi bwa Virunga Today hakomeje kugera ubutumwa bw’abarimu bo mu karere ka Gakenke bagaragaza ko hari ibintu bitumvikana byakozwe n’ubuyobozi bw’akarere ka Gakenke, bukabimura aho bakora, ubu buyobozi bukemeza ko bwabikoze bushingiye ku busabe bwabo nyamara ntabyigeze bibaho.
Mu gushaka kumenya imiterere y’iki kibazo, umunyaakuru wa Virunga Today yongeye gushaka iteka rya Ministre w’intebe ubuyobozi bw’akarere bwifashishije bwimura aba barimu maze nawe ntiyasobanukirwa ibyakozwe ahubwo abona muri iki gikorwa ibibazo bikomeye mu icungwa ry’amadosiye y’abarimu,ibibazo bikomeje gufata indi ntera kugeza naho amabwiriza Mineduc yahaye ubuyobozi bw’akarere ku bijyanye n’iyimura ry’abarimu,acibwa iruhande hamaze kubaho ibyo gukwepakwepa iteka rya ministre w’intebe.
Meya yashingiye ku ngingo ya 42 y’iteka rya Ministre w’intebe ivuga ku iyimurwa ryisabiwe n’umwarimu muri system,ashingira no ku byavuye mu nana ya Komite Nyobozi, atungura abarimu abimura, agenera kopi ministre w’uburezi.
Nibyo, ibaruwa ifite no yo kuwa, yanditswe mu rurimi rw’icyongereza iriho n’umukono wa Meya w’akarere yamenyesheje umwarimu utarashatse ko amazina ye agaragara mu nkuru, ko ahereye ku ngingo y’iteka rya ministre w’intebe yavuzwe haruguru ndetse kandi ko ashingiye ku byavuye mu nama yahuje abagize komite nyobozi y’akarere kuwa 22/09/2025, amwimuriye mu kindi kigo cy’ishuri cyo mu karere ka Gakenke, iyi yimurwa rikaba ryaragombaga gushyirwa mu bikorwa nyirubwite akibona iyi baruwa.
Nk’uko uyu mwarimu yakomeje abibwira umunyamakuru, ngo rugikubita yaketse kuba ahari akarere karibeshye kakamwimura nyamara atatabisabye nk’uko bivugwa muri iriya ngingo, byongeye kandi ngo ubusanzwe iri yimura rikorerwa muri system, system icungwa n’ikigo cy’igihugu gishinzwe uburezi bw’ibanze.
Nyuma ariko ngo yaje kumenya ko atari we wenyine wahawe iri yimurwa, ko hari n’abandi bene aya mabaruwa, bivuze ko ibyakozwe hatabayeho kumwibeshyaho.
Haribazwa rero ukuntu komite nyobozi y’akarere yaterana igashingira ku ngingo yumvikana neza y’iteka rya ministre maze ikimura mwarimu utarigeze ubisaba bivuze ko yabeshyewe, akitirirwa igikorwa atari afitemo inyungu na mba.
Meya ashobora kuba yarakwepye ingingo ya 43 y’iri tegeko, ingingo mineduc yari yaramusabye kutongera kuvogera
Abakurikiranira hafi ibibera mu micungire y’abarimu bakomejw kwibaza impamvu ubyobozi bw’akarere bukomeje kurenga ku iteka rya ministre rigakora iyimura ritubahirije itegeko kandi nyamara iri teka rigaragaza inzira zakagombye kunyurwamo ngo hakirwe iyimura ridahonyora uburenganzira bwa mwarimu.
Ibi ninabyo ibaruwa iheruka Mineduc yandikiye akarere yagarutseho, muri iyo baruwa yanyujijwe mu nkuru zacu hano, mineduc ikaba yarihanangirije twavuga bwa nyuma akarere ka Gakenke kutongera kwimura abarimu katabisabiye uburenganzira.
Ibi byo gusaba uburenganzira mineduc bikaba bivugwa mu ngingo ya 43 ya ririya tegeko aho bagira bati:
“Ministere ifite uburezi mu nshingano, ibyibwirije cyangwa ibisabwe n’umuyobozi w’umujyi wa Kigali cyangwa uw’akarere, ishobora kwimura umuyobozi w’ikigo cyangwa umiyobozi w’ikigo wungirije cyangwa umwarimu mu nyungu z’uburezi ikabimenyesha ubuyobozi bireba.”
Niba koko ubuyobozi bw’akarere hari inyungu bubona mu iyimurwa ry’aba barimu kandi no bikaba bizwi ko imikoranire myiza hagati y’inzego za leta ari nk’itegeko, Meya Mukandayisenga yabuze iki ngo asabe mineduc kwimura aba barimu.
Ngo hashobora kuba hari ikibyihishe inyuma
Umunyamakuru yabajije kandi umwe mu barimu bahawe iyi baruwa impamvu akeka yaba yarimuwe atabisabye asubiza ko byose biri mu migambi y’abayobozi b’ibigo bashatse kwikiza abarimu badashaka ku bigo bagize uturima twabo maze boshya akarere kubimura hatubahirijwe amategeko.
Yagize ati:” Maze kuri iki kigo imyaka irenga 10, kubera impamvu zo gushaka kunyikiza, directeur yagiye ahabwa abarimu bashya biza kurangira batabonye amasaha ahagije maze atwambura ayacu ayaha aba bashya, ibi rero ni akarengane twakorewe kuko ibyo twigishaga hano tubifitiye impyabumenyi zemewe kandi ntabwo kuva twagera hano ntabwo twigeze duhabwa cote mbi zatuma twangazwa tukajyanwa kwigisha kure y’imiryango yacu.
Abajijwe ku kigiye gukurikiraho, uyu yashubije ko barangije gutegura amabaruwa asobanuza ibikubiye mu mabaruwa bahawe, bakazaboneraho kubwira Nyakubahwa Mayor ko batigeze basaba kwimurwa nk’uko we yabibahamirije muri ayo mabaruwa.
Tubabwirw ko Kuva inkuru y’iyi murwa ry’abarimu yaba kimomo, Virunga Today yatamgiye gushaka amakuru y’impamvu y’iyi mikorere idasobanutsebl ikomeje kugaragara mu micungire y’abarimu maze umunyamakuru yoherereza ubutumwa bugufi umuyobozi ufite inshingano imicungire y’abarimu amubaza niba ibyakozwe himurwa abarimu bitararenze ku itegeko ariko ntiyasubiza ubu butumwa