Sobanukirwa n’ibikorwa bya Iran n’Amerika byo gufunga umuhora wa Hormoz, ibikorwa bikomeje guhungabanya ubukungu bw’Isi
Inkuru ikomeje kugarukwaho mu bitangazamakuru byo ku Isi Yose, ni ibikomeje kubera mu burasirazuba bwo hagati aho intamabara Amerika na Israel byashoje kuri Iran bisa naho yafashe indi sura, urusaku rw’amasasu rukaba rwarasimbuwe n’ihanagana rikomeye hagati y’Amerika na Iran rikomeje kubera mu muhora wa Hormoz, kuri ubu wafunzwe n’impande zombi ibikomeje guhungabanya ubukungu bw’Isi, umuhora wari usanzwe ucishwamo 20% by’amavuta yose akoreshwa kuri Iyi Isi ya Rurema.
Virunga Today yahisemo kugaruka kuri ukugahangana ngo igaragariza abasomyi bayo, imiterere y’iki kibazo n’ingaruka gikomeje kugira ku bukungu bw’Isi.
Iran niyo yatangiye ifunga Horomoz
- Kubera iki ?
Ku italiki ya 28/043/2026, Amerika na Israel byatangiye ibitero bikaze kuri Iran, ibitero aba bombi bemeza ko bigamije guca intege ubutegetsi bwa Iran, guhagarika gahunda y’icyo gihugu ya nikreyeri n’ibisasu bya balistike muri rusange kugabanya imbaraga zayo mu karere k’uburasirazuba bwo hagati.
2. Aho ibi bikorwa bibera
Iran yakumiriye amato atwaye amavuta mu muhora wa Hormoz cyane cyane mu nkengero za Qeshm Island no ku ruhande rwayo rwa Perisiya, aho amato ava mu bihugu nka Kuwait, Qatar, Bahrain, n’UAE anyura ajya ku masoko mpuzamahanga (Uburayi, Aziya y’Uburasirazuba, n’Ubushinwa). Amerika yo ikunze gufatira ayo mato mu nyanja ya Oman cyangwa mu nyanja ya Arabia, aho amato aba avuye cyangwa ajya mu bihugu byo ku nkengero z’Uburasirazuba bwo Hagati. Ni kuri iki kirwa Iran ifite ikigo gikomeye cya gisirikare n’ububiko bwa missile buri munda y’isi, bifasha mu kugenzura uyu muhora.
Aya amato aba yikoreye ibikomoka kuri petrole aba avuye mu bihugu nka Kuwait, Qatar, Bahrain, n’UAE anyura ajya ku masoko mpuzamahanga (Uburayi, Aziya y’Uburasirazuba, n’Ubushinwa).

Ibikorwa binyuranije n’amategeko mpuzamahanga
Ibikorwa bya Iran byo gukumira amato mu muhora wa Hormoz bigaragara nk’ibinyuranyije n’amategeko mpuzamahanga agenga ubwikorezi mu mazi mpuzamahanga, cyane cyane biteganywa n’amasezerano ya UNCLOS (United Nations Convention on the Law of the Sea).
Ibi kubera ko: Hari
1. Uburenganzira bwo kugenda mu mazi mpuzamahanga (Freedom of Navigation )
UNCLOS iteganya ko inzira mpuzamahanga nk’iya Hormoz igomba gufungurwa ku mato yose, yaba ay’ubucuruzi cyangwa ay’abaturage. Iran kuba ibuza amato kwambuka cyangwa ikayasaba amafaranga ni uguhungabaa uburenganzira bwemewe n’amategeko mpuzamahanga.
2. Uburenganzira bwo kwambuka inzira mpuzamahanga (Transit Passage )
Inzira ya Hormoz ni “Umuhora mpuzamahangat” ihuza nyanja ya Arabia n’inyanja ya Oman. Amategeko avuga ko bene aha hantu amato agomba kwambuka nta kubangamirwa. Kuba nanone Iran ikora ibikorwa byo gufata cyangwa kurasa ku mato bigahungabanya ubu burenganzira.
3. Ikumira ( blockade) ridafite ishingiro
Gufunga inzira nk’intwaro ya politiki bifatwa nka ’blockade. Nyamara blockade yemerewe gusa mu gihe cy’intambara yemewe n’amategeko mpuzamahanga. Kuri Hormoz, nta ntambara yemewe irimo, bityo ibikorwa bya Iran bifatwa nk’ibinyuranyije n’amategeko kuko bibangamira n’ibihugu bitari muri iyo ntambara.
4. Uburenganzira bw’abakozi b’amato
– Abakozi b’amato bafashwe nk’imfungwa mu gihe amato yabo afashwe. Ibi bigaragara nk’gufata abantu ku ngufu mu buryo bunyuranyije n’amategeko mpuzamahanga.
