Dore amahame y’ingenzi umunyamakuru wifuza gukora kinyamwuga agomba kugenderaho
Itangazamakuru ryitwa ubutegetsi bwa kane kuko rifite inshingano zihariyen no kubungabunga demokarasi no kugenzura izindi nzego z’ubutegetsi.
Kugira ngo abanyamakuru bashobore gutunganya uyu murimo usaba ubwitange,bawukore kinyamwuga, bashyiriweho imirongo migari, amahame y’ingenzi bagombaga kugenderaho. Iyo bitabaye ibyo, hari byinshi byangirika bituma akazi bakora katakarizwa icyizere, hakaba habaho no guhungabanya umutekano w’abantu n’ibyabo cyangwa se umunyamakuru akibona mu butabera aho ashobora gufatirwa ibihano ku byaha yaba akurikiranyweho bifitanye isano no kutita kuri ariya mahame.
Muri iyi nkuru Virunga Today iragaruka kuri ayo mahame y’ingenzi agenga umwuga w’itangazamakuru ku Isi hose.
Ihame ryo gushaka ukuri no kuvuga ukuri (la recherche de la vérité et la véracité)
Iri ni ihame ishingiro ry’itangazamakuru ry’itangazamakuru ryizewe. Umunyamakuru agomba guharanira ko buri nkuru atangaza ishingira ku bimenyetso bifatika, yagenzunuye neza, kandi itarimo ibinyoma cyangwa ibihuha.
Gushaka ukuri: Umunyamakuru agomba gukora ubushakashatsi, kugenzura amasoko y’amakuru, no kumenya impande zose z’ikibazo mbere yo gutangaza inkuru.
Kuvuga ukuri: Inkuru igomba kuba ishingiye ku bimenyetso, ikagaragaza uko ibintu byifashe mu by’ukuri, atari uko umunyamakuru abyumva cyangwa abyifuza. Umunyamakuru agomba Kwirinda ibihuha: Inkuru igomba kwirinda amakuru atagenzuwe cyangwa aturutse mu bantu batizewe.
Agomba kandi Kugaragaza impande zose: Ukuri ntikwaba kuzuye igihe impande zose zivugwa zitahawe zahawe ijambo.
Ingaruka zo kutubahiriza iri hame
1.Gutangaza ibinyoma: Inkuru itaragenzuwe neza ikurura ibihuha. Si byiza Kwihutira kuba aba mbere mu gutangaza inkuru kuko Gutangaza inkuru vuba ntibikwiye kurusha kuyitangaza neza.
2.Kutagenzura amasoko (sources) Kwishingikiriza ku muntu umwe cyangwa ku makuru yo kuri internet atagenzuwe.
3.Kuvanga ukuri n’ibitekerezo: Gutangaza ibitekerezo nk’aho ari amakuru nyayo.Kudaha impande zose ijambo:
Ihame ry’Ubwigenge (Independence) n’Ubunyangamugayo (Integrity)
Mu itangazamakuru iri hame ni inkingi y’ingenzi ituma umunyamakuru akora akazi ke atabogamye, adashutswe n’inyungu z’abanyapolitiki cyangwa iz’ubucuruzi, kandi akubahiriza ukuri n’ukubaha abaturage.
Ibi bihame bigamije kurinda itangazamakuru kuba igikoresho cy’inyungu z’abantu runaka no kurigira urwego rufasha sosiyete kumenya ukuri.
Ihame ry’Ubwigenge mu Itangazamakuru
– Ubwisanzure bw’umunyamakuru: Umunyamakuru agomba gukora akazi ke adategekwa n’ubutegetsi cyangwa abashoramari, ahubwo akurikije amahame y’umwuga.
– Kudaterwa ubwoba: Umunyamakuru ntakwiye guhezwa cyangwa gucibwa intege kubera inkuru atangaje.
– Kudakoresha itangazamakuru nk’igikoresho: Itangazamakuru ntirikwiye kuba urwego rwo kwamamaza inyungu z’umuntu cyangwa ishyaka runaka.
Ihame ry’Ubunyangamugayo mu Itangazamakuru
– Kwirinda gusebanya: Inkuru ikwiye kwirinda guharabika umuntu cyangwa ikigo nta bimenyetso bifatika.
– Kugendera ku ndangagaciro: Umunyamakuru akwiye kwirinda ruswa, guhabwa impano cyangwa inyungu zishobora kumubogamisha.
– Kugira inshingano ku baturage: Inkuru ikwiye gufasha abaturage kumenya ukuri no gufata ibyemezo byiza.
