Inyandiko yiyemeza kubahiriza amabwiriza y’umutekano w’ibiribwa n’ibinyobwa mu birori: Knc na Mutabaruka bahaye urw’amenyo Ubuyobozi bw’Akarere ka Ruhango
Nyuma y’aho hakomeje kugragara inyandiko ifite ibirango by’akarere ka Ruhango, igomba kuzuzwa n’uwo wese wifuza gutegura ibirori muri aka karere, akiyemeza kubahiriza amabwiriza yiswe ay’umutekano w’ibiribwa n’ibinyobwa bizakoreshwa muri ibyo birori, benshi bakomeje gutangazwa n’ibikubiye muri iyi nyandiko.
Koko rero aba bagaragaza ko ibisabwa muri iriya nyandiko harimo ugukabya gukabije kugeza naho ibiribwa n’ibinyobwa bizakoreshwa mu birori nk’ibyo kubatirisha abana bisabirwa gutegurirwa mu mahoteli, moteli cyangwa muri restaurents zisanzwe zifite ibyangombwa byo gukora byatanzwe n’inzego zibifitiye ububasha.
Hasi mwakwiyumvira icyo abanyamakuru KNC na Mutabaruka bo kuru R1 na TV1 bavuga kuri iyi nyandiko-masezerano, bemeza ko igaragaza ubwirasi no gushaka guhohotera umuturage usanzwe ajya kubatirisha umwana iyo kure kuri paruwase akoresheje amaguru, hanyuma agasabwa gukoresha mu birori inzoga zipfundikiye n’ibiryo by’akataraboneka byose byateguriwe muri za Hotel na Restaurents ‘igitangaza.

Inkuru bifitanye isano:
