Politike

Mondial 2026: Ikipe y’ubufransa mu zihabwa amahirwe yo kwegukana igikombe cy’Isi mu mupira w’amaguru kizaba gikinirwa ku ncuro yaco ya 23

None kuwa 11/06/2026 nibwo hatangira imikino yo guhatanira Igikombe cy’Isi cy’umupira w’amaguru. Iki gikombe kizakinirwa mu bihugu 3: Mexique, Leta zunze ubumwe z’Amerika na Canada. Biteganijwe ko muri buri gihugu haza kubera ibirori byo gufungura iri rushanwa rya mbere rikomeye mu rwego rw’isi.  Muri Mexique ibi birori biraba none kuwa 11 Kamena  2026 kuri Estadio Azteca (Mexico City) , mbere y’umukino wa Mexico na Afurika y’Epfo, nyuma yaho hazaba ibindi birori bibiri: i Toronto (Canada) ku wa 12 Kamena, no i Los Angeles (USA) ku wa 12 Kamena.

Bwa mbere kandi iki gikombe kizitabirwa n’umubare munini w’ibihugu kuko ubu ari  48, mu gihe igiheruka cyabereye muri Qatar cyari cyitabiriwe n’ibihugu 32. Imikino yose iteganyijwe gukinwa igera ku 104 jkandi izabera mu mijyi 3 ya Mexique, 2 ya Canada na 11 yo muri Leta Zunze ubumwe z’Amerika, umukino wa nyuma ukazabera kuri Stadium i East Rutherford, New Jersey (USA), hafi ya New York City, ku wa 19 Nyakanga 2026.

Les Bleus: Incuro 7 mu gikombe cy’isi, fianal 4, ibikombe 2

Ikipe y’igihugu y’umupira w’amaguru y’Ubufransa: ” Les Bleus”, ni ku ncuro ya i7 iraba yitabiriye imikino y’igikombe cy’Isi, muri izo ncuro zose ikaba imaze kugitwara incuro 2, mu mwaka wa 1998  i Paris  mu Bufransa  no muri 2018 i Moscou mu Burusiya. Iyi kipe kandi yageze ku mukino wa nyuma incuro 2 ariko ntiyashobora gutwara igikombe: Mu mwaka wa 2006, ubwo yatsindwaga n’ Ubutaliyani  kuri penalite  no mu mwaka wa 2022 igitwarwa na Argentine nabwo kuri penalite.

Muri iki gikombe  Ubufransa buri mu itsinda rya I hamwe na Senegal, Norvege na Iraq, bakazakinira mu migi ya New York, Philadelphie na Boston, umukino wa mbere France ikazakina na Senegal, kuwa 16/06/2026 i New York, saa yine ku isaha ya Kigali. Umutoza w’ ikipe ni Didier Descahmps kuva mu mwaka wa 2012, naho Kapiteni w’ikipe  ni Kylian Mbappé, umukinnyi wa Real Madrid.

Les Bleus mu makipe ahabwa amahirwe yo gutwara Mondial 2026

Uko ibintu bihagaze ubu, Amakipe ahabwa amahirwe menshi yo gutwara Igikombe cy’Isi cya 2026 ni Espagne, Ubufaransa, Ubwongereza, Portugal, Argentina na Brazil.  Iinzobere mu kugaragaza aya mahirwe zerekana ko Espagne ifite amahirwe yo gutwara Igikombe cy’Isi cya 2026 angana na 26% (ibipimo bya Goldman Sachs), mu gihe Ubufaransa bufite amahirwe ya 19%. Mu buryo bworoshye kumva: Espagne ifite amahirwe hafi 1 kuri 4, naho Ubufaransa amahirwe hafi 1 kuri 5.

Tugarutse ku mahirwe ya France, dore ibyo benshi baheraho bayiha amahiwe yo kuzatwara mondial 2026.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *