Musanze-Gataraga: Bigometse ku cyemezo cy’urukiko gisaba umubyeyi wabo gusubiza ubutaka butari ubwe, banga kwitaba RIB none barimo kuzamura inzu muri bwa butaka babohoje
Ni ibintu bitari bisanzwe muri iki gihugu, ko haba umuturage wigomeka ku byemezo byafashwe n’urukiko, nyuma y’igihe cyagenwe iki cyemezo kibaka cyararangije kuba itegeko, iri tegeko rikaza gushyirwa mu bikorwa n’umuheshawinkiko, maze byarangira uyu muturage akinangira akanga kwitaba ubutumire rw’urwego rushinzwe ubugenzacyaha ruba rwasabwe gukurikirana ubwigomeke bwe, ikirenzeho akikomereza ibikorwa bye mu mutungo biba bizwi n’itegeko ko tari uwe.
Iki kikaba ari ikimenyetso cy’uko hari uduce tw’igihugu tukirimo abaturage bakiri mu icuraburindi ryo kutamenya imbaraga z’itegeko, ndetse bikaba n’igipimo cy’urugero bigaragara ko atari rwiza rw’imiyoborere mu gace ibi biba byabereyemo, imiyoborere yakagombye kujyana no kujijura abaturage mu ngeri zinyuranye mu birebana n’imibereho yabo.
Uwakumva umutwe w’iyi nkuru, yakeka ko ari amakabyankuru cyangwa biracitse ikunze kuvugwa ku kinyamakuru Virunga Today, nyamara nk’uko muraza kubyiyumvira no kubihererwa ibimenyetso, ibikomozwaho byabereye mu mudugudu wa Kararo, akagari ka Mudakama, umurenge wa Gataraga, ho mu Karere ka Musanze.
Mu rubanza RC 00163/2023 /MUH, Urukiko rw’ibanze rwa Muhoza rwemeje uburenganzira bwa Ntawiha Annonciata ku butaka bufite UPI no 4/03/05/ 01/ 2424, icyemezo kiba itegeko, urubanza rurangizwa n’umuheshawinkiko w’umwuga.
Ku italiki ya 23/11/2023, urukiko rw’ibanze rwa Muhoza rwafashe umwanzuro mu rubanza uwitwa Buyongwe yarezemo umukobwa we witwa Ntawiha Annonciata ku kuba yaramufashe nabi, ko ku bw’ibyo. ko urukiko rwatesha agaciro amasezerano y’ impano uyu mwana we yahawe y’ubutaka bufite UPI no 4/03/05/ 01/ 2424. Muri uyu mwanzuro urukiko rw’ibanze rwa Muhoza rwemeje ko ikirego cya Buyongwe nta shingiro gifite kubera ko atigeze atanga ibimenyetso by’uko uyu mwana we yamufashe nabi bityo rwemeza ko isambu ifite nimero zavuzwe haruguru ari iya Ntawiha Annonciata kuko yayihawe n’ababyeyi be.
Ku italiki ya 29/012/2023, imyanzuro y’uru rubanza yabaye itegeko, nyuma yuko kopi zayo iteweho kashe mpuruza mu rukiko rw’ibanze rwa Muhoza, hubahirijwe ibiteganywa n’amategeko.
Ibi bivuze ko uru rubanza rutigeze rujuririrwa mu rukiko rwisumbuye rwa Musanze cyangwa ngo habe harasabwe isubirishamo mu rukiko rw’ibanze rwa Muhoza hisunzwe amategeko, bivuze ko ubwo hakaba hari hasigaye imirimo yo kururangiza yagombaga gukorwa n’umuheshawinkiko nk’uko biteganywa n’amategeko.

Ku italiki ya 5/03/2024, umuheshawinkiko Me Mukeshimana Juliette yaje kurangiza uru rubanza, maze mu nyandiko mvugo ijyanye n’iki gikorwa yemeza ko ahesheje ubutaka bufite UPI no 4/03/05/ 01/ 2424, uwabutsindiye ariwe Ntawiha Annonciata.


Umubyeyi wa Ntawiha n’abavandimwe be bigometse ku cyemezo cy’urukiko, bahwiturwa n’inzego z’ibanze, ntibava ku izima, yitabaza akarere, ntibyagira icyo bitanga.
Niko byagenze, Ikiri Buyongwe umubyeyi wa Ntawiha ari nawe watsinzwe uru rubanza, ari aba bavandimwe ba Ntawiha aribo Nyirazaninka Marie Jeanne, Akimanizanye Marcelline na Nyirantegeye Winifrida ari kumwe n’umuhungu we witwa Nsengiyumva, , bahisemo kwigomeka ku myanzuro y’urukiko, banga kuva muri bwa butaka..
Ubundi iyo bigenze bityo amategeko ateganya ko icyo gihe uwahohotewe, akimwa ibye yatsindiye mu rubanza, ahita yitabaza urwego rwa police rukamuhesha ibye ku ngufu za Leta.
Gusa ahari kutamenya ibyo itegeko riteganya , Ntawiha yahisemo kugeza ikibazo cye mu nzego rw’ibanze maze muri raporo yabwo yo kuwa 22/06/2024, ubuyobozi bw’umudugudu wa Kararo bwemeza ko Bunyongwe ari we wahaye uburenganzira abakobwa be kujya guhinga iriya sambu yatsindiwe, buhita bwohereza uyu Ntawiha mu nzego zibishinzwe ngo zimuheshe umutungo yatsindiye.
Iyi raporo kandi yaje guhabwa umugisha na Gitifu w’akagari ka Mudakama, wongeye kuri iyi raporo amagambo akurikira:’ Uyu Nyirazaninka Marie Jeanne ari kwigomeka ku myanzuro y’ irangizwa ry’urubanza ryakozwe kuwa 05/03/2024 rihesha uburenganzira Ntawiha Annonciata ku butaka yatsindiye Buyongwe Samuel, akaba yahatirwa guha Ntawiha umudendezo ku butaka bwe.”
Uru rupapuro nirwo Ntawiha yajyanye ku murenge wa Gataraga, hatumizwa abigabije ubutaka bwa Ntawiha, maze biyemerera ko byabayeho bakigarirurira ubutaka Annonciata yari yaratsindiye mu rukiko, bahava basinye ko batazasubira ukundi muri ibi bikorwa.


Banze kwitaba amahamagara 3 yose ya RIB, bikomereza ibikorwa byabo mu butaka butari ubwabo harimo no kuzamuramo inzu nshyashya.
Ku italiki ya 3 y’uku kwezi kwa Gicurasi, hari umuturage usanzwe akurikira inkuru za Virunga Today wahamagaye ayisaba ko yafasha umuturage witwa Ntawiha Annonciata, kugira ngo abe yasubizwa isambu ye yatsindiye mu butabera kuko magingo aya nubwo yakomeje gusiragira mu buyobozi, ikibazo cye cyaburiwe umuti, abihaye ubu butaka ngo bakaba bakomeje ahubwo kubukorera ibikorwa harimo no kuzamuramo inyubako.
Ni amakuru umunyamakuru wa Virunga Today yakiriye hejuru maze asaba umuhaye amakuru kumuhuza n’uwahohoteye, akamuha gihamya y’ibyamubayeho ariko cyane cyane akamugaragariza impapuro zose zijyanye n’ibyemezo byagiye bifatwa n’inzego z’ubutabera.
Ibi uwatanze amakuru yihutiye kubikora yoherereza umunyamakuru inyandiko zose zo mu butabera harimo na kopi y’urubanza rwabaye itegeko rwavuzwe hejuru.
Bidatinze uyu munyamakuru wari wabwiwe ko Meya w’akarere yahaye amabwiriza Gitifu wa Gataraga yahisemo guhita yinjira mu kibazo maze yoherereza Gitifu ubutumwa bugira buti;” Mwiriwe muyobozi ? Uyu muturage wanyu yaje kutureba ku kibazo cy’umuturage witwa Manirakiza wigaruriye ubutaka bwe kandi inzira zose zisabwa kugira ngo uyu muturage ahabwe umutungo we yatsindiye mu rukiko zararangiye.Yatubwiye kandi ko iki kibazo mukizi”
Mu kumusubiza Gitifu wa Gataraga yagize ati: ”Ikibazo cye ndakizi kdi hari umurongo twagihaye”’.
Umunyamkuru wa Virunga Today utaranyuzwe n’igisubizo ahawe yahise amusubiza muri aya magambo: ‘Nta murongo wundi uhari uretse gutegeka uwihesheje iby’undi kubivamo’‘.
Umunyamakuru wa Virunga Today usanzwe azi inzira zinyurwamo kugira ngo hakemurwe bene ibi bibazo yagiriye inama abamugejejeho iki kibazo kwitabaza RIB kugira ngo rutangire rukurikirane iki kibazo kubera ibikorwa by’abavandimwe ba Ntawiha bigize icyaha cyo kwigomeka ku buyobozi.
Ibi ninabyo Ntawiha yahise akora maze ubwo yageraga kuri station ya RIB ya Busogo, umuyobozi amwakira neza amwizeza kuzamukurikiranira ikibazo ari nabwo yahise amuha amahamagara. Gusa nanone ubwo twandikaga iyi nkuru, twamenye ko kugeza ubu abaregwa banze kwitaba RIB, amahamagara atatu yose bakaba baranze kuyitaba, bivuze ko RIB ariyo kuva ubu igomba kujya kubishakira, bakabazwa ku byaha bakekwaho.
Icyaha cyo kwigomeka ku buyobozi n’icyo kwanga kwitaba ubugenzacyaha
